URUBYIRUKO RWA GAKENKE RWAKOZE UMUGANDA WIHARIYE WO KUBUNGABUNGA IBIDUKIKIJE, RUSABWA KUBIGIRA UMUCO

Kuri uyu wa 12 Ukwakira 2024, Urubyiruko rwose rwo mu Karere ka Gakenke, abaturage n'inzego z'umutekano, bahuriye mu muganda wihariye w'urubyiruko w'igihembwe cya II, waranzwe n'ibikorwa bitandukanye byiganjemo ibyo kubungabunga ibidukikije nko gutera ibiti, kurwanya isuri n'ibindi.

Umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe Imibereho Myiza y'Abaturage, Madame UWAMAHORO Marie Thérèse, yifatanyije n'abaturage b'Umurenge wa Muhondo, muri uyU muganda wihariye w'Urubyiruko w'igihembwe cya II, aho bakoze ibikorwa byo kubungabunga ibidukikije, baca Imirwanyasuri mu Kagari ka Gasiza.

Madame UWAMAHORO Marie Thérèse yabwiye abitabiriye uyu muganda ko ibikorwa bizakorwa mu Kwezi kwahariwe ibikorwa by'ubukorerabushake bidakwiye kurangirana n'uku kwezi ahubwo bikwiye kuba umuco

Umuhuzabikorwa w'inama y'igihugu y'urubyiruko mu Karere, Nsanzumuhire Yves, yabwiye abitabiriye uyu muganda ko kubungabunga ibidukikije ari kimwe mu bizakomeza kwibandwaho muri uku Kwezi kwahariwe ibikorwa by'ubukorerabushake.

Muri uyu muganda wihariye w'urubyiruko, ku rwego rw'Akarere ka Gakenke akaba ariho hatangirijwe ku mugaragaro Ukwezi kwahariwe ibikorwa by'ubukorerabushake 01-30 Ukwakira 2024.  "Youth Volunteers: Nta kudohoka mu bikorwa bishyira umuturage imbere"

Umwanditsi: NSENGIMANA Evariste