Kawa yo mu Karere ka Gakenke mu Mibare

Muri gahunda y’Akarere yo kwihutisha gahunda z'Iterambere mu myaka 5, kiyemeje guteza imbere ubukungu bushingiye ku gihingwa cya Kawa, ubucukuzi bw’Amabuye y’agaciro, ubukerarugendo n’ibindi.

Umuyobozi w’Akarere, Madamu Mukandayisenga Vestine, avuga ko abagore n’urubyiruko bakwiye kwitabira guhinga kawa hagamijwe kongera umusaruro wayo mu bwinshi no mu bwiza, kuko aricyo gihingwa gifasha gukirigira ifaranga.

Incamacye kuri Kawa ya Gakenke

Mu Mirenge yose y’Akarere ka Gakenke uko ari 19, bahinga igihingwa cya kawa ariko 15 niyo yeramo nyinshi kurusha iyindi.

Kawa ihingwa ku buso 2972Ha, mu mirima isaga ibihumbi 24653 ya kawa ihingwamo n’abaturage ku giti cyabo.

Mu Karere ka Gakenke hari abahinzi ba kawa 19918. Hari kandi inganda za kawa 17, zirimo rumwe ‘Abakunda Kawa Rushashu’ rubasha gutunganya kawa uhereye iri mu murima kugeza ku ikawa inyobwa, ikanoherezwa mu mahanga.

Mu Karere ka Gakenke ku mwaka haboneka umusaruro wa Kawa ungana na Toni 739 za kawa itunganyijwe neza. Ni ukuvuga ko hasarurwa Toni 3700 z’ibitumbwe.

Muri iyi gahunda ya kabiri ya Guverinoma yo kwihutisha iterambere, Akarere ka Gakenke karateganya kongera ingano y’ubuso buhingwaho kawa, hakiyongeraho 300 Ha no kuvugurura kawa zishaje ziri kuri Ha 940.

Kawa yo mu Karere ka Gakenke imaze kubaka izina ku ruhando mpuzamahanga, kubera umwihariko mu bwiza n’uburyohe utasanga ahandi.

Impumuro yayo mu gikombe n’uburyohe, biyiha umwihariko utgereranywa n’izindi kawa zihingwa zikanatunganyirizwa ahandi.

Ibi bituma abanyarwanda n’abanyamahanga bakorera ubukerarugendo bushingiye kuri Kawa mu Karere ka Gakenke