AKARERE KA GAKENKE KASHIMIYE INZEGO ZAHIZE IZINDI MU MUHIGO WA MITUELLE

Ku wa 07 Gicurasi 2025, Umuyobozi w'Akarere, Madame Mukandayisenga Vestine arikumwe na Komite Nyobozi n'abahagarariye inzego z'umutekano, yayoboye igikorwa cyo gushimira Umudugudu (Kabere/Muzo), Akagari (Nyanza/Coko) n'Imirenge (Minazi, Mataba & Coko) yatanze iyindi kwesa Umuhigo wa Mituweli umwaka 2024-2025

Ni igikorwa cyanitabiriwe n’Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Imirenge, abahagarariye Ibitaro, RSSB/Gakenke. Umuyobozi w’Akarere yashimiye inzego zatanze izindi kwesa uyu muhigo n’abaturage muri rusange ku kuba bumva akamaro ko gutanga Mituelle bakanayitangira igihe.

Umuyobozi w’Umudugudu wa Kabere yavuze ko amatsinda yo kwizigamira yagize uruhare rukomeye mu gufasha abaturage ayobora kwesa umuhigo wo kwishyura ubwisungane mu kwivuza.